Close Menu
Kura Ujy'ejuru KibondoKura Ujy'ejuru Kibondo
    What's Hot

    MU MAFOTO- Madamu Jeannette Kagame yakiriye abana barenga 300 bizihizanya iminsi mikuru

    December 21, 2024

    Gicumbi: Hatangijwe icyumweru cyahariwe ubukangurambaga ku mirire no kurengera umwana

    November 26, 2024

    Nyamagabe: Abaturage basabwe kwita ku bwiherero nk’uko bita ku mubiri wabo

    November 19, 2024
    Facebook X (Twitter) Instagram YouTube WhatsApp
    Facebook X (Twitter) Instagram YouTube WhatsApp
    Kura Ujy'ejuru KibondoKura Ujy'ejuru Kibondo
    Demo
    • Irembo
    • Amakuru
      • Mu Rwanda
      • Mu Mahanga
    • Imikurire
      • Umwana wasamwe
      • Umwaka wa mbere
      • Umwaka wa Kabiri
      • Atangiye ishuri
    • Uburenganzira
      • Amazina
      • Irangamimerere
      • Ubuzima
    • Imirire
      • Umubyeyi utwite
      • Umwana uvutse
      • Umwana ucutse
    • Abana n’Ibidukikije
      • Imihindagukire y’ikirere
    • Kuba umubyeyi
      • Umubano
      • Imikino
      • Gusoma
    • Impuguke
      • Ubushakashatsi
    • Utuntu n’Utundi
    Kura Ujy'ejuru KibondoKura Ujy'ejuru Kibondo
    Home»Uburenganzira»Ubuzima»Rwanda FDA yavuze ku binini byo kuboneza urubyaro bitemewe
    Ubuzima

    Rwanda FDA yavuze ku binini byo kuboneza urubyaro bitemewe

    IshamiNewsBy IshamiNewsMarch 10, 2023Updated:October 1, 2024No Comments0 Views
    Facebook Twitter Pinterest LinkedIn WhatsApp Reddit Tumblr Email
    Share
    Facebook Twitter LinkedIn Email WhatsApp

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA), cyasobanuye ibijyanye n’ibinini byo kuboneza urubyaro giherutse guhagarika ku isoko ry’u Rwanda, kuko bitujuje ubuziranenge.

    Mu mpera z’icyumweru gishize, Rwanda FDA yahagaritse ku isoko ry’u Rwanda ibinini itagaragaje amazina yabyo n’andi makuru y’ibanze abyerekeyeho, byakoreshwaga mu kuboneza urubyaro.

    Demo

    Mu kiganiro na Kigali Today, ubuyobozi bw’iki kigo bwavuze ko impamvu hatatanzwe andi makuru y’ibanze ari kuri ibi binini, ari uko bakiyakusanya kuko byinjiye mu gihugu mu buryo butemewe ndetse n’amakuru yanditseho akaba atari mu rurimi rwemewe.

    Umuyobozi w’Agashami gashinzwe gukurikirana ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti iri ku isoko muri Rwanda FDA, Ntirenganya Lazarre yagize ati “Twaburiraga abantu ko hari imiti iri gukoreshwa mu buryo butemewe yaninjiye ku isoko ry’u Rwanda. Ubusanzwe iyo twakuye umuti ku isoko turavuga tuti ni umuti uyu n’uyu wakozwe n’uru ruganda, ufite nomero iwuranga iyi n’iyi… Ibyo rero ntibyagaragaye mu itangazo kuko uririmi ruri kuri iyo miti ntibyoroshye kurusoma, ndetse ntiruri mu ndimi zemewe zikoreshwa mu Rwanda”.

    Yavuze ko ibi binini byahagaritswe byafashweho impagararizi zikaba ziri gupimirwa muri Laboratwari za Rwanda FDA, ngo hamenyekane amakuru ahagije kuri byo. Iki kigo kivuga ko ibi binini bitigeze bihabwa ibyangombwa ngo binyuzwe mu nzira zemewe zo gucuruza imiti mu Rwanda.

    Ibyo byatumye ubwo bamenyaga amakuru barabifashe nka magendu, bahita babihagarika kugira ngo barinde ubuzima bw’ababikoreshaga bataza ko bitemewe.

    Asobanura ku byo benshi bakunze kwitiranya ku kuboneza urubyaro no gukuramo inda, Ntrirenganya yagize ati: “Imiti yo kuboneza urubyaro irimo amoko atandukanye, kandi na byo bigenwa na muganga ushingira ku buzima bw’umuntu akavuga ati uburyo bumubereye bwo kuboneza urubayro ni ubu. Hari itangwa mu buryo bw’inshinge, ubw’agapira hari n’ubw’ibinini. Hari n’ibinini bigurwa muri farumasi ngo birinde abantu gusama nk’igihe bakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye bakeka ko baba basamye”.

    Rwanda FDA isaba abantu gukoresha gusa imiti bandikiwe n’abaganga cyangwa iyaguzwe muri farumasi zemewe, kuko itujuje ubuziranenge akenshi usanga ari yo iboneka ahatemewe.

    Ibi binini byakuwe ku isoko, nyuma yo gukorerwa isuzuma hazatangazwa amakuru ajyanye na byo, ndetse n’ingaruka ku buzima bw’abantu bashobora kuba babikoreshaga.

    Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano mu Rwanda ryo mu 2018, no mu iteka rya Minisitiri w’Ubuzima ryo mu 2019, rivuga ko gukuramo inda bitemewe, gusa harimo ingingo iteganya impamvu zemewe n’amategeko umuganga ashobora gushingiraho akuriramo umuntu inda.

    Gusa ibi bitandukanye n’ibinini birinda gusama kuko byo byemewe ndetse binakoreshwa bitarenze amasaha 72, umuntu ukeka ko yasamye akoze imibonano idakingiye.

    Share. Facebook Twitter Pinterest LinkedIn Tumblr Telegram Email
    IshamiNews
    • Website
    • Facebook
    • X (Twitter)
    • Instagram
    • LinkedIn

    IshamiNews is an online media publication established in 2024, primarily focused on providing information on parenting, with a particular emphasis on early childhood development and child rights.

    Related Posts

    Indwara ya diyabete umwana ashobora kuyandura umubyeyi we akimutwite

    November 14, 2024

    impinduka zitandukanye ziba mu gihembwe cya 3

    November 10, 2023

    Imvano y’iseseme ifata abagore mu gihe cyo gutwita

    March 10, 2023
    Leave A Reply Cancel Reply

    Kwamamaza
    Demo
    IZAKUNZWE

    Kamonyi: Hizihijwe umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya imbasa abana bato bahabwa urukingo

    October 24, 202414

    Ibyo wamenya ku ndwara y’Umuhondo ikunze kwibasira abana bakivuka

    September 30, 20248

    Umwana uri mu nda atangira gucurama ryari?

    August 15, 20236

    BPR Bank Rwanda Plc yafunguye icyumba cy’umubyeyi kizafasha ababyeyi bonsa bahakora

    November 9, 20244
    SOMA N'IYI
    Amakuru

    MU MAFOTO- Madamu Jeannette Kagame yakiriye abana barenga 300 bizihizanya iminsi mikuru

    By IshamiNewsDecember 21, 2024

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Ukuboza 2024, Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame,…

    Gicumbi: Hatangijwe icyumweru cyahariwe ubukangurambaga ku mirire no kurengera umwana

    November 26, 2024

    Nyamagabe: Abaturage basabwe kwita ku bwiherero nk’uko bita ku mubiri wabo

    November 19, 2024

    Indwara ya diyabete umwana ashobora kuyandura umubyeyi we akimutwite

    November 14, 2024
    Stay In Touch
    • Facebook
    • Twitter
    • Instagram
    • YouTube
    • LinkedIn
    • WhatsApp
    Demo
    © 2025 IshamiNews Magazine. All right Reserved.
    • Irembo
    • Amakuru
    • Imikurire
    • Uburenganzira
    • Abo Turibo

    Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.

    Go to mobile version